|
right side
![]()
Uwiringiyimana Theogene yabeshyuje amakuru avuga ko afunze kubera ubusambanyi
kuya 27-07-2012 saa 04h44'
| 17 Izindi Nkuru
" Aho guha umuturage ibiryo, wamufasha kubona uko abishaka"- Senateri Niyongana Gallican
Abakoresha barasabwa kubaha abakozi bo mu rugo
Amerika : Grace Rwaramba ari mu basuye umukobwa wa Micheal Jackson mu bitaro nyuma yo kugerageza kwiyahura
Nyuma y'inyubako zikomeje gushya no kugwa, RBS irahugura abazafasha guhangana n’ibibazo by’imyubakire
Nyuma yuko ku munsi w’ejo kuwa Kane tariki ya 26 Nyakanga,bikwirakwije n’ibinyamakuru bitandukanye bya hano mu Rwanda ko Uwiringiyimana Theo,umuhanzi w’icyamamare mu ndirimbo z’Imana umenyerewe ku izina rya Bosebabireba yaba afunze kubera guca inyuma y’uwo bashakanye,uyu muhanzi ndetse n’ubuyobozi bw’Umurenge wa Gisozi atuyemo bakaba batangarije umuryango.com ko ibyatangajwe ari ibinyoma. Theo avuga ko ibi bintu byabaye mu masaha ya saa yine z’amanywa ubwo yajyaga ku rugo baturanye aho yari kumwe n’abandi bantu bane barimo Ingabira Marie Aime,umukobwa umwe baririmbana, ubwo bari kunywa icyayi,umuntu aba aragiye abwiye umugore we ko umugabo we ari kumwe n’undi mugore.Ibi ngo byatumye umugore we ahita aza n’umujinya mwinshi,atangira gutukana ngo izo ndaya ntazishaka ariko ubwo ibyo byose abivugira mu idirishya.Nyuma yo kubona ko mugore ari gutera amahane,biyemeje gukinga ngo ahame hanze ,ibyo bituma arushaho gusakuza,bituma polisi ihita ihagera. Polisi ikimara kuhagera,yahise ijyana Theo,umugore we ndetse n’uwo mukobwa umugore we yamushinjaga ngo bajye kwisobanura ibajyana ku biro by’umurenge wa Gisozi,nyuma ibasaba gusubira mu ngo zabo. Theo avuga ko uwahaye amakuru umugore we,yamubwiye ko umugabo we ari kume n’umukobwa bonyine kandi bikingiranye,bityo aca ku idirishya ngo arebe koko aribwo yatangiraga gutukana cyane,bakinga kugirango atinjirana ayo mahane, hakavamo ko amena ibirahure by’amadirishya. Yakomeje adutangariza ko impamvu yatumye bahurira aho yari ijyane n’indirimbo kuko uwo mukobwa basanzwe baririmbana. Yadutangarije ko bageze kuri polisi,umugore abajijwe icyatumye amena ibyo birahure,yashubije ko impamvu yabimuteye aruko yasanze banywa icyayi kandi ngo we nta mafaranga umugabo yamusigiye yo guhaha. Ku murongo wa Telefone,twaganiriye na Murekatete Patricie,umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gisozi,nawe atubwira ko uretse wenda amakuru arenzeho yaba azwi na Polisi yo yabajije aba bantu,ariko ko ngo uyumugore yabasanze muri salo koko ari abantu bane,agahita atera ariya amahane aribyo byatumye polisi iza ikabageza ku murenge wa Gisozi uko ari batatu kugirango bababzwe,ariko ko nta muntu wigeze agezwa muri gereza nkuko byavugwaga na bimwe mu bitanagazamakuru. Theo yatubwiye ko ibigeragezo nk’ibi amaze kubimenyera kuko ngo hari igihe bigeze kuvuga ngo arafunze azira gufata umwana,ubundi bikaza gutangazwa ngo yapfuye ariko byose ari ibinyoma. Kuvuga ko yapyuye ngo byaba byaratangajwe mu gihe cy’amatora aheruka ya perezida wa Repubulika,aho bavuze ko bamurasiye I Nyamirambo avuye kwamamaza Perezida aha ngo bikaba byaratangajwe na radiyo imwe ya hano mu Rwanda yatubwiye ariko tutashatse kuvuga izina. Ubwanditsi/Umuryango.com |
