right side
Umukuru w’ishyaka riharanira demokarasi y’abakirisitu arashinjwa gusambanya abana babiri
kuya 27-06-2012 saa 01h59' | | 894  yanditswe na Ernest Ndayisaba

Umukuru w’ishyaka riharanira Demokarasi y’Abakirisitu (Démocratie Chrétienne,DC) mu gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Eugène Diomi Ndongala mu ijoro rishyira kuri uyu wa kabiri,yaguwe gitumo n’ikipe igizwe na polisi,abana b’abakobwa babiri (umwe ufite 14,undi 15),ndetse na ba se mu rugo iwe i Kinshasa aho bamushinja kuryamana n’abo bana. Eugène Diomi Ndongala

Amakuru aturuka i Kinshasa akomeza avuga ko abo bana b’abakobwa nabo ubwabo batunguwe na polisi y’igihugu cya Congo ndetse iri kumwe na ba se babo ubwo basohokaga mu nzu Eugène Diomi Ndongala atuyemo.

Polisi ifatanyije n’ababyeyi b’abo bana bakaba bahise basubira inyuma,bajya gukomangira Eugène Diomi Ndongala wanze kubakingurira.

Amakuru dufite kugeza ubu,hakaba hahise hahuruzwa Colonel Kanyama,ariko akaba ntacyo arabasha gutangaza ku kuba umukuru w’ishyaka ry’abakirisitu babashije kumugeza kuri polisi.

Eugène Diomi Ndongala Nzomambu, yavutse mu mwaka wa 1962, ni umurwanashyaka wa rimwe mu mashyaka ashyigikiye Etienne Tshisekedi uzwiho kurwanya ubutegetsi.Yabaye intumwa ya rubanda na Minisitiri wungirije ushinzwe ubukungu n’imari kuva muri 1994 muri guverinoma ya Mobutu Sese Seko.

Ku itariki ya 10 Ukuboza 1997,yarafashwe arafungwa nta mpamvu izwi ndetse nta no gucirwa urubanza.Yafunguwe ku itariki ya 24 Mutarama 1998.Mu mwaka wa 2003,Diomi yabaye Minisitiri w’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri guverinoma y’inzibacyuho ariko yegura muri 2004 nyuma yo gushinjwa ruswa.

Kuva muri 2004 kugera muri 2006,yabaye umukuru w’ikipe y’umupira w’amaguru ya AS V.Club,nyuma aba umukuru w’ishyaka ry’abakirisitu ndetse aba umwe mu bakandida ku mwanya wa perezida mu mwaka wa 2006 ariko aratsindwa.

Yashyigiye Etienne Tshisekedi ndetse aba umwe mu bemeza ko ariwe watsinze amatora yo kuwa 28 Ugushyingo 2011,aza no kwanga kujya mu nteko .

Umuryango.com

Ibitekerezo byatanzwe kuri iy'inkuru

Andika Igitekerezo Hano