|
right side
![]()
RDC:Iseru iraca ibintu
kuya 27-06-2012 saa 11h54'
| 26 Mu gihugu cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo mu bantu 5.500 bamaze kugaragarwaho n’indwara y’iseru 100 bamaze guhitanwa nayo mu gace ka Kabinda na Sankuru naho mu burasirazuba bw’agace ka Kasai kuva mu ntangiriro z’uyu mwaka 143 nibo yagaragayeho 7 muri bo yarabahitanye. Abashinzwe ibarurishamibare bo baravuga ko abarwaye iyo ndwara y’iseru bamaze kugezwa mu bitaro bya Ktako Kombe na Lomela. Umuganga mukuru wita kubarwayi b’indwara y’iseru Dogiteri Sumba ,we avuga ko mu bice byagaragawemo n’ iyo ndwara ari ibitarigeze bigerwamo na gahunda yo gukingira iyo ndwara y’iseru.Akomeza avuga ko abashinzwe iby’ub’ubuzima bagomba kugera aho iyo ndwara yibasiye kugirango barusheho kwita kubagaragaweho n’iyo ndwara. Radio Okapi dukesha iyi nkuru iravuga ko mu mwaka w’i 2011,ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima OMS ryatangaje ko abarenze 106 000 bagaragaweho n’iyo ndwara ,muri bo 1200 ikabahitana . Minisiteri y’ubuzima yo mu gihugu cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo ivuga ko kuba harabaye umubare munini w’abana bishwe niyo ndwara y’iseru byaratewe nuko urukingo rutahawe abana bose muri icyo gihugu. MUKAHIRWA Olive Umuryango.com |
