right side
Mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y´umwaka umuryango.com wateguriye abakundana irushanwa
kuya 28-06-2012 saa 10h50' | 20   | 2449  yanditswe na

“Hari ibintu bimwe uhora wibuka ndetse udashobora kwibagirwa ( some memories never end) “, aya ni amwe mu magambo ari mu ndirimbo “ Some broken hearts never mend “ y´umucuranzi Don Williams.

Umunsi wa mbere kuri buri kiciro cy´ubuzima wabaga utangiye ufite byinshi wagusigiye udashobora kwibagirwa. Ese urukundo urimo ubu rwantangiye gute ? Ese mwahuye gute, mu ubuhe buryo ? Wifuje kugira icyo umubwira se ? Byaragukundiye se kubona icyo umubwira ?

Mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y´umwaka Umuryango.com umaze, tubahaye uyu mwanya ngo mwongere mwibukiranye uwo munsi. Tubahaye uyu mwanya ngo mwongere mukongeze ibishashi by´urukundo byabatwitse uwo munsi.

Jya hasi ahagenewe comments wohereze comment utubwira uko uriya munsi wa mbere wagenze. Comments nziza ( abahuye mu buryo butangaje) babiri ba mbere bateganyirijwe urugendo ruzabageza mu birunga gusura ibyiza bitatse u Rwanda birimo n´ingagi ndetse no kuruhukira muri Hotel Saint Anne, Hotel nziza cyane y´inyenyeli 2 iri i Musanze.

Ikitonderwa :

• Kohereza comments bizarangira taliki 24 Nyakanga 2012.

• Kugira ngo tuzabashe kuguhamagara wakohereza ubutumwa bugufi kuri 0788308594 utumenyesha amazina washyize kuri comments ( kugira ngo tuyahuze na nyirayo kandi nomero yawe itagiye ku urubuga)

• Ni byiza ko mbere yo kwitabira irushanwa wabiganiraho n´umukunzi wawe

Ubwanditsi

Ibitekerezo byatanzwe kuri iy'inkuru
#1.Yanditswe na mutoni Kuya 8-10-2012 saa 08:31"

njye mbabajwe nuko menye runo rubuga nkererewe none nirushanwa rikaba ryarancitse, gusa ibihembo mujya mugenera abantu mujye mubibaho,kuko nanjye nigeze ntsinda irushanwa ry’abakundanye ku gihe.com,ariko ntacyo bigeze bampemba kdi bari barabitangaje.gusa njye mfite umugabo tumaranye iyaka 4 kdi dukundanba cyane

#2.Yanditswe na uzambaze ndabazi Kuya 25-09-2012 saa 00:04"

ari mumwaka wa 2009 ubwo narindangije ayisumbuye jyewe umukunzi wajye twahuriye mu itorero iri abarangije secondaire bajyamo yarumwe mubanyoboraga nza kurwara igifu anyitaho ahamagara iwacu bararwaza nyuma yigihe kirere twaraburanye umwe ukwe undi tuza nano guhurira mu muntara ya amajyepfo mucyiraka cya landcenta ubwo nturuka umujyi wa kigali nawe aturuka murwa gasabo ngayo nguko birakomeza none tugeze kure kuburyo ntagihindutse nko mu kwa 12 2012 twacishamo byabindi bita ngo pi pi pi ppp !!!!!! ngaho nguko

#3.Yanditswe na MUNGA F Kuya 16-09-2012 saa 07:03"

hari mumwaka wa 2009 ubwo narindangije ayisumbuye jyewe umukunzi wajye twahuriye mu itorero iri abarangije secondaire bajyamo yarumwe mubanyoboraga nza kurwara igifu anyitaho ahamagara iwacu bararwaza yaje kunsura mubitaro yari yambaye neza cyane nanubu iyo myenda nurwibutso rukomeye mukubisa amaso urukundo rurandenga mbura aho nkwirwa nshuti areba neza,aseka neza mbese ubu turabana nguwe neza ni surprise aho hantu harantunguye itorero riragahoraho.

#4.Yanditswe na 0782432155 Kuya 14-09-2012 saa 03:05"

naramurose ntamuzi maze nawe arandota maze arota turota naho tuzahurira turahahurira maze tuba turakundanye kabisa _ !!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!

#5.Yanditswe na vincent Kuya 7-09-2012 saa 10:47"

Naracitse,ariko njye twahuriye mu isoko,tugiye kugura ibikoresho ngo tujye gutangira muri secondaire.ntihagira uvugisha undi .tugeze ku ishuri nsanga turiga,maze yaguze ikote naringiye kugura ,nawe yaguze iryo naringiye kugura.umunsi umwe bamukangisha.ikinyugunyugu kubera yagitinyanga,ashoka mu ishuli nijoro.ndangije njyakumushaka nkumuntu twamenyanye bwambere.maze arabwira ngo "sinarinziko unyitaho bigeze aha"nibirebire kuva 2005 kugeza na nubu

#6.Yanditswe na HAKOLIMANA BONAVENTURE Kuya 6-08-2012 saa 09:29"

YANSANZE KU ISHURI ARIKUMWE NA MUSAZAWE UWO MUSAZAWE TWARITUZIRANYE NO NEHO ARAMUMPANGO MUMENYEREZE IKIGO MWEREKA ABANABABAKOBWA TWIGANAGA BARAMWAKIRA YAJYA AHURA NAKABAZO AKAJYA ANGISHA INAMA NDARANGIZA AKAJYA ANYANDIKIRA MU IPOSITA ABMWIRAKO NAMUSIZE NKIMFUBYI NYUMATURAHURA TURAGANIRA DUSANGA KUMENYANA KWACU BITAZARANGIRIRA AHO KUKO ITEKA IYOYAMBONAGA YABWIRAGA IKIBAZO AFITE NGOMUGIRE INAMA NYUMA ARANGIJE NIBWO YANSUYE ANGISHA INAMA ATIWANGIRIYE INAMA NYINSHI KO NTANGIYE KUBONA ABANKUNDA IBYO NZABIGIRANTE MUBWIRAKO NAJE KUMUBAZA NIBA ARIHO AGIKUNDA CG NGO AKUNDWE YABWIYEKO ATARI UBWAMBERE KO YANKUNZE ARIKO AKIBONA MUFATA NKUMWANA KUVA UBWO NAZABIRANIJWE NURUKUNDO UBUTURAHO NA BANA 3 TURAKOMEYE IMANA IKOMEZE IBARINDE

#7.Yanditswe na Jessy Kuya 6-08-2012 saa 07:37"

Muraho,njye n’umukunzi wanjye twahuriye kuri uru rubuga umuryango.com nkimara gufungura uru rubuga nabonye ahanditse ngo ushaka umkunzi ubwo nari maze gutandukana n’umukunzi wanjye muri njye numvaga mfite deception nkumva ibyo gukundana ntakibikozwa ariko kumutima ndatekereza nsanga mbonye undi mukunzi yanyibagiza ndetse nkabasha gukira iyo deception ubwo nahise nshiraho comment nshiraho na email yanjye nyuma yaho hari saa mbiri z’ijoro ndi kuri net nza kubona email y’umusore ambwira ko yakuye email yanjye k’umuryango.com ansaba number zanjye ndazimuha ubwo twakomeje kuvugana kuri phone ndetse dutangira no gucatinga kuri facebook kubera ko bitari gushoboka ko duhura vuba kubera ko muri icyo gihe yari miri mission.Nyama y’ukwezi tuvugana twapanze guhura amatsiko yari menshi kandi buri wese yari akumbuye undi nkaho tuziranye.Umunsi ugeze twarahuye byari ibyishimo bidasanzwe kuko kuri njye nari naramaze kumukunda pe kandi nawe yambwiye ko yumvaga mu mutima we yarankunze nubwo twri tutarahura ariko mu tu message twandikiranaga yumvaga anyuzwe.Ubwo twaraganiriye biratinda twari twishimye duseka tunezerewe kuburyo uwatubonaga yari kugira ngo dusanzwe tuziranye kandi byari ubwa mbere duhuye.Uko iminsi yagengaga ishira niko urukundo rwacu rwarushagaho kuba rwiza.Ubu turategura kurushinga turakundana bizira uburyarya arantonesha kandi nanjye ndamutonesha tubwirana amagambo meza,tugatemberana mpora nshima Imana yo yampaye umukunzi mwiza unkunda kandi nizera ko tuzibanira akaramata.Ndashima abashyizeho uru rubuga kandi bwira abatekereza ko urukundo rwo kuri net rudashoboka ko rushoboka pe.Murakoze.

#8.Yanditswe na Leoncie Kuya 27-07-2012 saa 10:01"

Hobe, njyewe uko namenyanye n’umukunzi wanjye, twahuriye ku kazi twese tutaziranye, turakorana hafi amezi5ntawitaye ku wundi sinzi uko yaje kunguza FRWS ngo yikemurire ikibazo, ndayamuha, nyuma aza kuyanyishyura nanjye muguza andi ngo nishyure minelval kuko nigaga bac2 ubwo bihera aho, abanza kumbaza niba nfite inshuti mubwira ko ntayo , uko iminsi yicumaga niko namwiyumvagamo nawe akanyiyumvamo,tugatemberana, tugaherekezanya dore ko twakoreraga hamwe, nyuma tuje gutandukana mbonye akazi ahandi turushaho gukundana le 1/08/2010 tuba turarwerekanye ( mariage)none ubu dufitanye umwana 1 turacyakundana bya hatari kandi nsaba Imana ngo nkomeze mwikundire nawe anyikundire by’iteka ryose.

#9.Yanditswe na Agasaro shami Kuya 24-07-2012 saa 06:40"

Muraho. Ngewe numukunzi wanje twahuriye kigali muri nyarugenge aho bita ku iposta hari cyber cafe naje kuri internet nawe hari umuntu yashakaga twicaye twembi dutegereje ambaza izina ndarimubwira nawe ambwira irye anyatse numero mubwirako nta phone mfite. None ambaza ahontuye ndahamubwira nsanga aba murupangu ahantu habamo inshuti yanjye. We ampa iye ngo nzamuhamagare icyogihe ntago tuvugane zari zakaza hari telephone fixe. Ariko namuhishe ko murugo dufite fixe kuberako numvaga ari babasore bi kigali kandi narindi muto niga 5eme secondaire. Aragenda abonye uwo ashaka nanjye nkora gahunda zari zanzanye ansaba kuzamuhamaggara mukindi cyumweru kuberako yarafite isafari kampala (numucuruzi) ubwo naje kujya njya gusura wamukobwa wincuti yanjye babanaga murupangu noneho nkagenda nihishe ngo atambona . Rimwe nziko adahari dukubitana ku irembo ambaza impamvu namubeshye ndya iminwa. Ariko nkaba nari namukunze nawe yankunze. Tujya iwe turaganira mbona numusore uri serieux ufite gahunda . None ubu turabana dufitanye abana3 tumaranye imyaka 10. Kandi urukundo rwacu ruracyakomeye

#10.Yanditswe na -xxxx- Kuya 23-07-2012 saa 08:16"

Umukunzi wanjye twamenyenye ubwo nari kumwe n’undi mwana duturanye turi mu mujyi hari umuntu tugiye gusura kwa muganga akambwira ngo ,uzi ko runaka akorera hariya ,ati ngwino tujye kumusuhuza ubwo tujyayo ,tumugezeho tumubwira amakuru nsanga asanzwe anzi ,ariko atazi komba mu mujyi ,kuko yaranzi mucyaro ,ubwo nigaga secondaire nkaruhukira kwa marume mu mujyi ,kuburyo icyo gihe nari muri stage ,ubwo arambwira ati nujya ucaho ujye unsuhuza ,nanjye nkamucaho nk’umuntu w’iwacu nkaba ndisonzeye akangurira fanta ,ubundi ibiryo kuko numvaga ntasoni anteye ,nabonaga ntabuncuti mupangaho ,rimwe ansaba jumusura aho aba mbanza kwanga ,ngeze aho ndemera njyayo njyezeyo aranyakira mbona n’umusore witonda kuko nari nagiye mfite ubwoba ngo aramfata ,mbona ndatashye ,yongera kunsaba gusubirayo arambwira ngo ashaka ko tuba inshuti ,mubwira ko mfite undi ,ubwo arakomeza ndamubwira ngo nareke murangire ,ngenda mubwira abandi bakobwa ,arambwira ngo ninjye ashaka ,ubwo sinamenye aho igisubizo giturutse mwereka umurongo wo muri esteri handitse ngo (aho uzangwa niho nzangwa nihagira ikintanya nawe atari urupfu Imana izabimpore )ubwo ahasomye ahita ampobera mbona umusore abaye nk’ubonekerwa ,nyamara njye numvaga ntakomeje ari udutendo tw’abanyeshuri ,kuva ubwo umuhungu ava hasi cadeaux zigacicikana reka sinakubwira ,kuburyo nanjye naje kugeza aho numva ndamukunze biturutse kubunyangamugayo mbona sinamuhemukira ,nakomeje kwiga ndarangiza ,abandi ndabasezerera kuburyo no murugo twabatunguje ubukwe ngo batabyitambikamo ,kuko marume yambonanaga nawe agasakuza ,twamaranye imyaka ine dukundana ubu turabana ni papa w’abana banjye babiri nanjye nk’aba mama w’abana be ,kandi ndamukunda kuburyo numva ntawundi mugabo wamuruta kimwe nawe mbona ankunda urudacogora bay .

1 | 2

Andika Igitekerezo Hano