|
right side
![]()
Iniesta umukinnyi w’ikipe ya Espagne yagize ubukwe
kuya 12-07-2012 saa 09h01'
| 1 Izindi Nkuru
Isonga FC yashyize abakinnyi ba yo bose ku isoko
Faustin yiteguye kwerekeza muri CECAFA Kagame Cup n’umutima mwiza
“Faustin yibagirwa vuba”- Didier Gomes ababajwe cyane n’uko uyu mukinnyi yanze kujyana na Rayon Sports
“Iyo nitegereje umupira w’abanyarwanda mbona nabagira inama yo kuwureka bakajya birebera uwo hanze”- Perezida Paul Kagame
Abasore bazwi cyane mu mupira w’amaguru ndetse n’abandi bantu banyuranye bari bitabiriye ubutumire, bataha ubukwe bwa Andres Iniesta kapiteni w’ikipe ya Espagne iherutse gustinda ibitego 4-o ubwo ikipe ye yakinaga n’Ubutariyani i Kiev ku mukino wa nyuma wa Euro 2012.
Abantu bagera kuri 700 bari bamutahiye ubukwe,barimo ababa mu ikipe ya Barcelone ndetse n’abo mu ikipe y’igihugu. Mu bashyitsi bakomeye harimo abakinnyi bagenzi be bakinana mu ikipe ya Barcelone nka Lionel Messi,Xavi,Carles Puyol na Gerard Pique, ndetse n’umunyezamu ari nawe kapiteni w’ikipe ya Real Madrid, Iker Casillas. Uwo bashakanye ni Ana Ortiz banafitanye umwana w’umukobwa ,bibarutse umwaka ushize. Iniesta ni umwe mu bakinnyi ba Espagne bakundwa,kubera uburyo yitwara neza mu mupira w’amaguru ndetse no mu buzima bwe bwa buri munsi.Yahaye igihugu cye umwanya wa mbere nawe ubwe afata umwanya wa mbere nk’umukinnyi witwaye neza muri Euro 2012. Umutoni Laetitia Umuryango.com |
