|
right side
![]()
Akomeje kwishimira ko bamwanga
kuya 7-07-2012 saa 06h05'
| 370 Izindi Nkuru
Beyoncé yishimiye umwana Kim na Kanye bungutse
“Mu Rwanda nta company yabaho ifasha abahanzi ba gospel ?” -KAYITARE Jean Paul
Amerika : Umuhanzi Lil Wayne aranengwa imyitwarire nyuma yo kugenda hejuru y’ibendera ry'Amerika.
Tuniziya : Umuraperi Weld El 15 yakatiwe igifungo cy’imyaka 2 kubera indirimbo ivuga kuri ruswa yakirwa na Polisi
Umuririmbyi Justin Bieber ukomoka mu gihugu cya Canada, aratangariza abamwanga n’abasebya indirimbo ze ko barushywa n’ubusa ngo we azakomeza kubakunda kandi ngo bituma arushaho gutera imbere. Nga haba hari amatsinda abiri azira urunuka uwo muririmbyi azwi ku mazina ya “Beliebers”, aba ngo bakaba batifuza kumva aho Justin aririmba na”Bieberkiller”,ngo bo ntibashobora no kureba mu maso ye. Uyu muririmbyi we ngo ntacyo bimubwiye kuba bamwanga ndetse ngo aranabyishimiye aho abivuga muri aya magambo :”Nshaka kubwira abanyanga bose ko njye mbakunda, mbashimiye kunyanga kwanyu kuko biramfasha, iyo mwanditse ku rubuga rwa Youtube munsebya binzanira amafaranga menshi, nukuvuga ngo mukomeze munyange nanjye ntere imbere”. Uyu muhanzi kandi ngo nubwo hari abamwanga,ku rundi ruhande arakunzwe. Nyirandikuryayo Ancille Umuryango.com |
