right side
Abaherwe bakomeye ku isi bafatiwe ibyemezo
kuya 7-07-2012 saa 03h13' | 1   | | 494  yanditswe na Olive Mukahirwa

Akanama k’umuryango w’abibumbye gashinzwe ubucuruzi n’iterambere (CNUCED), katangaje ko bifuza kujya baka imisoro bamwe mu baherwe bakomeye kuri iyi si kugira ngo bakomeze gushakisha uburyo bwo kubona amafaranga yo gukomeza gufasha ibihugu biri mu nzira y’amajyambere.

Icyo kemezo bagifashe nyuma y’uko ibihugu bikize bitubahirije ibikubiye mu masezerano byari byagiranye n’umuryagno w’abibumbye yo gufasha ibihugu biri mu nzira y’amajyambere kwiteza imbere.Kuba rero ibyo bihugu bikize ku isi bitarubahirije ayo masezerano, byatumye ingengo y’imari yari yateganijwe muri ibyo bikorwa igabanuka .

Nkuko urubuga rwa 20 minutes.fr rubitangaza ; ibihugu nka Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, bibarurwamo abaherwe 425 bazasoreshwa, mu bihugu by’u Burayi haboneka 310, naho mu turere twa Asia na Pacifique n’ahandi hakabarurwa abasaga 315.

Iyi misoro ikazajya itangwa buri mwaka kandi nk’uko bigaragara muri raporo y’akanama k’umuryango w’abibumbye gashinzwe ubucuruzi n’iterambere ngo ntacyo iyi misoro izahungabanya ku bukungu bw’abo baherwe.

MUKAHIRWA Olive

Umuryango.com

Ibitekerezo byatanzwe kuri iy'inkuru
#1.Yanditswe na Kalisa Kuya 7-07-2012 saa 04:14"

Sha bariya bazungu ntibadukunda kudufashsa ntacyo bibabwiye,bishimira kudusenya gusa urugero ni amafaranga batanze ngo bararasa ghadafi/kadafi.hazagire undi uyabaka arebe.


Andika Igitekerezo Hano