right side
Abadage ntibazibagirwa izina Balotelli mu mateka
kuya 29-06-2012 saa 10h09' | | 199  yanditswe na Ernest Ndayisaba

Mu mukino wa kimwe cya kabiri cy’igikombe cyo ku mugabane w’uburayi waraye ubaye kuri uyu mugoroba wahuzaga Ubudage n’Ubutariyani, umukinnyi Balotelli yanditse amateka ubwo yatsindaga Abadage agahesha Abatariyani kugera kuri mukino wa nyuma.

Mu mukino waraye uhuje ikipe y’Ubudage n’Ubutaliyani mu guhatanira kugera ku mukino wa nyuma, ukaba wegukanywe n’Abatariyani ubwo batsindaga Abadage ibitego bibiri byose bya Balotelli kuri kimwe.

Abatariyani bakaba bakinnye umukino mwiza urimo n’ubuhanga ,umukinnyi Balotelli ubu wahawe izina rya Ki Kong, izina rizwi muri filimi aho bamugereranyaga n’Imana y’Abataliyani,akaba ariwe wakomeje kwigaragaza muri uwo mukino.Ibitego by’Ubutaliyani byatsinzwe na Mario Balotelli ku munota wa 20 n’uwa 36.

Ku munota wa 91 abadage bakaba babonye penariti yatewe n’umukinnyi Ozil ikaninjira, ariko bikaba bitababujije gutsindwa.Abatariyani bazahurira ku mukino wa nyuma n’Abespanyol kuri iki cyumweru saa mbiri n’iminota 45 z’umugoroba.

Nahimana Diane

Umuryango.com

Ibitekerezo byatanzwe kuri iy'inkuru

Andika Igitekerezo Hano